Ingorane zo kwangirizwa umutekano ziturutse mu kigo imbere bivuze iki - Uburyo wakwirinda
Ingorane zo kwangirizwa umutekano ziturutse mu kigo imbere zishobora kuba umukozi cyangwa uwahoze ari umukozi, rwiyemezamirimo cyangwa umufatanyabikorwa, wakoresha nabi nkana cyangwa atabigambiriye uburenganzira afite bwo kwinjira muri sisitemu runaka, bikaba byakwangiza ubuziranenge bwa sisitemu y’amakuru y’ikigo.
Ingorane zihungabanya umutekano ziturutse imbere mu kigo tuzisanga mu byiciro bitatu:
1. Abakozi binjiriwe
Abakozi binjiriwe bakoreshwa nk’abakongeza ibitero ku kigo cyose. Uwinjiriwe ashobora kuba yandujwe virusi kuri kimwe mu bikoresho byo mu kazi kikaba cyakwirakwiza iyo virusi muri sisitemu yose; cyangwa se, akoresheje igikoresho cy’akazi akaba yasuye urubuga rutizewe, rugakurura amakuru y’ibanga y’ikigo cyose.
2. Abariganya bo ku ikoranabuhanga
Umuriganya wo ku ikoranabuhanga akora yigenga kandi abigambiriye ndetse yirengereye ingaruka z’ibikorwa bye. Umuriganya wo ku ikoranabuhanga ashobora kuba ari umukozi uri hafi gusezera mu kigo, agahitamo ku bushake gusangiza amakuru y’ibanga, imihigo n’imigambi by’ikigo abagiye kuzaba abakoresha be bashya.
3. Abadashishoza ku ikoranabuhanga
Ukoresha ikoranabuhanga adashishoza akunze kenshi kwirengagiza ingamba z’umutekano w’amakuru. Uwo ashobora kuba umukozi mu kigo ukanda ku mahuza no ku miyoboro yose abonye, cyangwa se wimurira amakuru y’ibanga ahandi hantu hatabugenewe kugirango bimworohere gukomeza gukorera ahandi hantu.
Hano hari amabwiriza yagufasha kugabanya uburemere bw’ingorane zo kwinjirirwa guturutse imbere mu kigo:
1. Funga uburyo bwo kwinjira ku bakozi batakihakora
Igihe cyose umukozi atakibarizwa mu kigo, zimya kandi ukureho buri buryo bwose yakoreshaga yinjira mu kigo no mu bikoresho by’ikigo. Ibi bizakumira ko umukozi wagiye ashobora guhungabanya imikorere y’ikigo nyuma yo kugenda kwe.